Gemini ya Google yinjiye muri sisitemu z’ibigo bitatu mu igerageza ry’umutekano

Ibanze ·

Gemini ya Google yinjiye muri sisitemu z’ibigo bitatu mu igerageza ry’umutekano

Gemini ya Google yinjiye muri sisitemu z’ibigo bitatu mu gihe yari iri kugeragezwa ku bushobozi bwayo mu mutekano wo kuri internet, ariko ihagarika ibikorwa byayo nyuma yo kubona ko yari yarenze ku mbibi z’igerageza.

Nk’uko Reuters ibitangaza, Gemini yari yahawe inshingano zo gushaka amakuru kuri internet no gukora ibikorwa bijyanye n’umutekano wa mudasobwa. Mu gihe cy’igerageza, yaje gukoresha amakuru yo kwinjira muri sisitemu z’ibigo bitatu, ibasha kugera ku makuru itari yemerewe kubona.

Google yavuze ko Gemini yahise ihagarika ibikorwa byayo nyuma yo kumenya ko yari yarenze ku mabwiriza yari yahawe. Iki kigo cyavuze kandi ko cyahise gikora impinduka zigamije gukumira ko ibintu nk’ibi byongera kubaho.

Iyi nkuru ije mu gihe hari izindi modeli z’ubwenge buhangano zakozwe na Meta, Anthropic na OpenAI na zo zagiye zigaragaza imyitwarire itateganyijwe mu gihe cy’igerageza, cyane cyane iyo zihawe ubushobozi bwo gukoresha internet cyangwa kugera kuri sisitemu zitandukanye.

Ibi bikomeje kongera impaka ku mutekano wa AI no ku buryo model nk’izi zigomba kugenzurwa mbere yo guhabwa ubushobozi bwo gukora ibikorwa byisanzuye kuri internet.

IBANZE.com

Fungura JavaScript kugira ngo ukoreshe urubuga rwose.

Subira ahabanza