FERWAFA yatanze miliyoni 464 Frw ku makipe yitwaye neza, yizeza kongera ibihembo

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyikirije ibihembo bya miliyoni 464 Frw amakipe yitwaye neza muri amwe mu marushanwa ryateguye mu mwaka w’imikino wa 2025/26, ryizeza ko bishobora kongerwa mu mwaka w’imikino utaha.
Ikipe gikorwa cyabereye kuri hoteli y’iri Shyirahamwe [FERWAFA Accomodation Facilitiy] i Remera, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Kamena 2026.
Amakipe yashyikirijwe ibihembo ni umunani ya mbere mu BK Pro League, ayobowe na APR FC yatwaye Shampiyona, yose hamwe yahawe miliyoni 280 Frw mu gihe ubusanzwe hahembwaga ikipe ya mbere gusa ikabona miliyoni 25 Frw, aho ubu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yahawe miliyoni 80 Frw.
Amakipe atandatu mu Cyiciro cya Kabiri mu Bagabo ayobowe na Sunrise FC, yahawe miliyoni 105 Frw, ayo mu Cyiciro cya Kabiri mu Bagore ayobowe na Gakenke Ladies ahabwa miiyoni 36 Frw mu gihe abiri ya mbere mu Cyiciro cya Gatatu mu Bagabo n’Abagore, ayobowe na Imanzi FC na Amizero WFC, yo yagabanye miliyoni 4 Frw muri buri cyiciro.
Hatanzwe kandi ibihembo by’amakipe yitwaye neza mu Gikombe cy’Amahoro mu Bagabo cyegukanywe na APR FC, yose hamwe angana na miliyoni 20 Frw naho mu cyiciro cy’abagore, aho Igikombe cyegukanywe na Rayon Sports, hatangwa igiteranyo cya miliyoni 15 Frw.
Muri ibi bihembo byose bingana na miliyoni 464 Frw ntiharimo miliyoni 63 Frw yahawe amakipe atandatu yitwaye neza mu Cyiciro cya Mbere cy’Abagore (Rwanda Women Super League) aho yatanzwe muri Mata ubwo iyo Shampiyona yari irangiye.
Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko ubwo bajyaga ku buyobozi mu mezi icyenda ashize, bari bafite intego yo kuzamura ibihembo kugira ngo byongere ireme ry’amarushanwa.
Ati “Tuzi ko umupira w’amaguru ukenera byinshi birimo amafaranga. Kuri bamwe ntahagije, ariko azabafasha kwitegura umwaka w’imikino utaha cyangwa bayakoreshe uko babyifuza.”
Yongeyeho ko we n’abo bafatanya mu buyobozi bwa FERWAFA, bifuza ko ibi bihembo byakomeza kuzamuka.
Ati “Ku bwanjye na Komite Nyobozi turi kumwe, bizagenda bizamuka kandi iyo ufite igicuruzwa ukagiha isura ikwiye, ugenda ubona n’abandi bantu baza ngo mufatanye muri icyo gikorwa. Tuzabyiga mu ngengo y’imari itaha, tuzabitangaza hakiri kare. Nubwo bitazamuka, dushobora kwagura amakipe ahabwa ibihembo.”
Uko amakipe yashyikirijwe ibihembo kuri uyu wa Gatanu:
Icyiciro cya Gatatu mu Bagore:
Eagles WFC: Miliyoni 1 Frw
Amizero WFC: Miliyoni 3 Frw
Icyiciro cya Kabiri mu Bagore:
Bright Rays: Miliyoni 3 Frw
Center of Champions: Miliyoni 4 Frw
Greenland WFC: Miliyoni 5 Frw
Just Sport WFC: Miliyoni 6 Frw
Rambura WFC: Miliyoni 8 Frw
Gakenke Ladies: Miliyoni 10 Frw
Icyiciro cya Gatatu mu Bagabo:
Tony FA: Miliyoni 1 Frw
Imanzi FC: Miliyoni 3 Frw
Icyiciro cya Kabiri mu Bagabo:
Muhazi United: Miliyoni 5 Frw
Nkombo FC: Miliyoni 7 Frw
Espoir FC: Miliyoni 9 Frw
Sina Gerard FC: Miliyoi 11 Frw
Intare FC: Miliyoni 13 Frw
Etoile de l’Est: Miliyono 15 Frw
Unity SC: Miliyoni 20 Frw
Sunrise FC: Miliyoni 25 Frw
Amakipe y’Abagabo mu Cyiciro cya Mbere:
Musanze FC: Miliyoni 10 Frw
Bugesera FC: Miliyoni 15 Frw
Marine FC: Miliyoni 20 Frw
Mukura VS: Miliyoni 25 Frw
Police FC: Miliyoni 30 Frw
Kiyovu Sports: Miliyoni 40 Frw
Rayon Sports: Miliyoni 60 Frw
APR FC: Miliyoni 80 Frw
Igikombe cy’Amahoro mu Bagore:
AS Kigali: Miliyoni 2 Frw
Police WFC: Miliyoni 5 Frw
Rayon Sports WFC: Miliyoni 8 Frw
Igikombe cy’Amahoro mu Bagabo:
Gorilla FC: Miliyoni 3 Frw
Rayon Sports: Miliyoni 5 Frw
APR FC: Miliyoni 12 Frw