Minisitiri Mukazayire yahaye RSSB Tigers igiye mu Bushinwa ibendera ry'igihugu

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yahaye RSSB Tigers ibendera ry'igihugu mbere y'uko iyi kipe yatwaye igikombe cya BAL, yerekeza mu Bushinwa mu irushanwa rizayihuza n'andi makipe azahagararira imigabane aturukaho.
RSSB Tigers yabonye itike yo kwitabira iri rushanwa ryitwa FIBA Intercontinental Cup, rizahuza amakipe atandatu, nyuma yo kwegukana igikombe cya Basketball Africa League (BAL) 2026 muri Gicurasi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyaguze Tigers ku migabane 100% mu mpera za 2025 kubera ko habonwaga ubushobozi iyi kipe ifite bwo gukomeza gutera imbere mu gihe kirekire, ndetse n’amahirwe yo kuyubaka ikaba umuryango wa siporo wo ku rwego mpuzamahanga, ushingiye ku miyoborere myiza, ubunyamwuga n’iterambere rirambye.
Ubwo yasuraga abakinnyi ba RSSB Tigers ku wa Kane, tariki ya 17 Nzeri mu mwihererero, Minisitiri Mukazayire yababwiye ko bafite "byose bisabwa" kugira ngo begukane iri rushanwa.
Yagize ati:
Ubutumwa mbahaye ni ubu: Nimutungure Isi, rwose muyitangaze! Murabishoboye kandi mufite byose bisabwa kugira ngo mubigereho.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire ubwo yaganirizaga abakinnyi b'ikipe ya RSSB Tigers
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro, yavuze ko iri rushanwa ari amahirwe yo kumenyekanisha u Rwanda na Afurika ku rwego rw’Isi.
Rugemanshuro yagize ati:
Amahirwe nk’aya ntaboneka buri munsi, ariko iyo abonetse, tuba twiteguye kugaragaza icyo dushoboye.
Yakomeje abasaba kwakira igitutu kijyana no guhatana ku rwego rwo hejuru, aho yagize ati:
Mwagaragaje ko mushobora kwitwara neza cyane muri mu gitutu, mugatsindira igikombe gikomeye nk’iki (BAL).
Yongeyeho ati:
Mwageze kuri ibi mu gihe benshi batatekerezaga ko mutabishobora. Twe twari tuzi ko mubishoboye.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro
Mu Itsinda A, RSSB Tigers izaba ihanganye na Rytas Vilnius yo muri Lithuania, yatwaye Basketball Champions League Europe, hamwe na Shanghai Sharks yo mu Bushinwa, yatwaye shampiyona ya Chinese Basketball Association. RSSB Tigers izatangira urugendo rwayo ikina na Rytas Vilnius ku wa 22 Nzeri, mbere yo guhura na Shanghai Sharks ku wa 23 Nzeri 2026 i Beijing mu Bushinwa.
Mu Itsinda B, harimo Boca Juniors yo muri Argentine, yegukanye Basketball Champions League Americas, Beijing Royal Fighters yo mu Bushinwa, izakina iri imbere y’abafana bayo nk’ikipe ihagarariye igihugu cyakiriye irushanwa, ndetse na NBA G League United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, imaze kugera ku mukino wa nyuma wa FIBA Intercontinental Cup inshuro ebyiri zikurikiranya mu 2024 na 2025.
RSSB Tigers izitabaza abakinnyi 15 muri FIBA Intercontinental Cup 2026, ari bo Dieudonne Ndizeye, Nisre Zouzoua, Ntore Habimana, Axel Mpoyo, Osborn Shema, Hubert Sage Kwizera, Teafale Lenard Jr, Craig Randall, Steven Hagumintwari, Lars Ishimwe, Paul Bizimana, Tyler Bay, David Mutabazi, Jonathan Hamilton winjiye muri iyi kipe vuba, ndetse na Antino Jackson.
Umutoza wa RSSB Tigers, Henry Mwinuka, mu mwiherero barimo mbere yo kwerekeza mu Bushinwa
Kapiteni wa RSSB Tigers, Antino Jackson Jr, na we yaganirije bagenzi be abasaba kuzitwara neza
Minisitiri Mukazayire yahaye RSSB Tigers igiye mu Bushinwa ibendera ry'igihugu